ITOTEZWA MU RWANDA : Gufunga Insengero 8.000, Abapasitoro n’Abizera

IBARUWA IFUNGUYEMuvoma iharanira Repubulika na Demukarasi       Email: repubulika@mrdrubanda.com

MRD, Muvoma ya Rubanda, Muvoma y’Abanyarwanda baharanira Repubukika na Demokarasi irasaba Rubanda kudacika intege, kudatakaza ikizere cyane cyane mu Mana yabo, yo nkingi y’ubuzima bwabo. Turagira inama abanyarwanda bose barebwa n’iki kibazo kugumana umurava, gukomeza gusengera mu mitima yabo no mu ngo zabo, kandi bagakomeza umutsi basenga banaharanira kurengera ubusugire n’uburenganzira  bwabo. Ahari ubushake, haboneka inzira; aho abantu badacitse intege ntihabura gutsinda.

Turasaba Umuryango Mpuzamahanga kongera igitutu kuri guverinoma y’u Rwanda bagahagarika imfashanyo zose bahaga Kagame, ahubwo bakamufatira ibihano we n’ibyegera bye kugeza igihe ahagarikiye burundu kubangamira uburenganzira bw’ibanze ku iyobokamana n’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda.

Bikorewe i Washington DC
Kuwa mbere, 12 Kanama 2024

Révérend Christine Coleman
Umuyobozi wa MRD

Be the first to comment

Leave a Reply